INYIGISHO YO KU CYUMWERU CYA KABIRI CYA PASIKA C, ICYUMWERU CY’IMPUHWE ZIHEBUJE Z’IMANA

Bavandimwe, iki cyumweru cya 2 cya Pasika, ni icyumweru kidasanzwe kuko ari cyo umwami wacu Yezu Kristu yahisemo ngo kijye cyizihizwaho impuhwe za Nyagasani. Uyu munsi ntako usa, ni umugisha ugeretse ku wundi! Uyu munsi watangajwe ku mugaragaro na Mutagatifu Papa Yohani Pawulo wa II, ubwo yashyiraga mu rwego rw’Abatagatifu Mama Faustina, hari ku itariki ya 30/04/2000. Nyagasani Yezu Kristu, yasabye Mama Faustina ko uyu munsi wazajya wizihizwa buri mwaka ku cyumweru cya 2 cya Pasika, ni ukuvuga icyumweru gikurikira umunsi mukuru wa Pasika. Tugerageje gusesengura neza amasomo Kiliziya umubyeyi wacu yaduteguriye none, turasanga yose agaruka ku buryo buziguye cyangwa se butaziguye ku mpuhwe z’Imana. Ku cyumweru gishize twahimbaje izuka ry’Umwigisha, uyu munsi noneho turarangamira izuka ry’umwigishwa (Tomasi)! Ariko uwo mwigishwa ashobora kuba njye, wowe cyangwa bariya!

Read more »

INYIGISHO YO KU MUNSI MUKURU WA PASIKA C

Bakristu Bavandimwe, Kuri uyu munsi mukuru wa Pasika, reka duterure tugira tuti “ Kristu wazutse singizwa Alleluya, Rumuri rwacu singizwa Alleluya”! Pasika ni umunsi w’AMIZERO. Kristu Amizero yacu yazutse.

Read more »

INYIGISHO YO KU WA GATANU MUTAGATIFU

Bakristu bavandimwe, turi ku wa gatanu Mutagatifu. Ni umunsi wo kuzirikana ububabare  n’urupfu bya Nyagasani Yezu Kristu. Ni umunsi wo kwitegereza, wo guceceka, wo gushyingura mu mutima, no kurangamira umusaraba  n’uwawubambweho. Liturjiya yo ku wa gatanu mutagatifu irihariye kubera ko ari umunsi w’urupfu rwa Yezu Kristu Umwana w’Imana wigize umuntu. Kandi urupfu rwa Yezu ni urupfu rwica urupfu rwacu, ni urupfu dukesha Umukiro, ni urupfu ruduha kubaho.  Kuri  uyu  wa gatanu : nta Gitambo cy’Ukaristiya giturwa. Duhazwa kuri Ukaristiya zahinduwe mbere y’uyu munsi.Yezu Kristu ni we wenyine wituraho igitambo ku musaraba, akihereza Se  ho ituro rimunogeye.

Read more »

INYIGISHO YO KU WA KANE MUTAGATIFU : ISANGIRA RYA NYUMA RYA NYAGASANI « MISSA IN CENA DOMINI ».

Bavandimwe Kristu Yezu akuzwe, mu gusoza Ivanjili ya none, Yohani aratubwira ko Yezu asoza igikorwa cy’uyu mugoroba we wa nyuma n’abigishwa be, yababwiye kandi natwe ataturetse amagambo akomeye, agira ati: “Ni urugero mbahaye. Kugira ngo uko mbagiriye, abe ariko namwe mugirirana ubwanyu”. Ni Umukoro yadusigiye, ese aho tujya tubyibuka? Twitegereze neza nk’uko Yohani abitwereka ibi bikorwa bya Yezu kuri uyu mugoroba. Niba twibuka ko ari umukoro twahawe n’Umwami n’Umukiza wacu Yezu Kristu, mu by’ukuri uyu mukoro tuwugeze he? Aho ntitwaparitse aka ya mvugo ya none, ikaba ariyo mpamvu y’akaga n’andi makuba biri kugwirira isi ya none, aho benshi aho koza ibirenge bya bagenzi babo babitarika ngo bozwe?

Read more »

INYIGISHO YO KU CYUMWERU CYA MASHAMI, UMWAKA C

Bavandimwe Kristu Yezu akuzwe, uyu munsi dutangiye igihe gikomeye duhimbazamo indunduro y’ugucungurwa kwacu. Dutangiye Icyumweru Gitagatifu kidutegurira ihimbaza ry’Iyobera rya Pasika ya Nyagasani. Iki cyumweru kitwa Icyumweru cya Mashami. Kitwa kandi Icyumweru cy’Ububabare bwa Nyagasani. Ubundi nta nyigisho yihariye yari ikwiriye gutangwa kuko imihango yose ijyanye na Liturujiya y’uyu munsi, ijambo ry’Imana ritugezwaho n’amateka y’ububabare bwa Nyagasani tuzirikana; byose ni inyigisho itugera mu nkebe z’umutima, ikaduhamagarira kurangamira no kuzirikana urukundo ruhebuje Imana yadukuze muri Yezu Kristu ; We wadukunze kugera ku ndunduro; We wemeye kudupfira abambwe ku giti; ku giti cy’umusaraba. Icyumweru Gitagatifu rero gitangirana no guhimbaza isesekara rya Yezu mu murwa mutagatifu wa Yeruzalemu ashagawe na rubanda nk’umwami.

Read more »

INYIGISHO YO KU WA 4 W’ICYUMWERU CYA 5 CY’IGISIBO

Bavandimwe, Kristu Yezu akuzwe,dukomeje urugendo rw’Igisibo twatangiye none tukaba tugana ku musozo. Mu masomo ya none, uko tugenda twegera Iminsi Mikuru ya Pasika, Ivanjili iratwereka iminsi ya nyuma ya Yezu mu musozo w’ubutumwa bwe hano ku isi. Ni nako Yezu agenda arushaho gutsindagira inyigisho ze, aduhishurira amabanga akomeye amwerekeye.

Read more »